Menya byinshi ku ndwara ya Hepatite
Hepatite ni indwara yo kubyimbagana kw’umwijima, biterwa n’impamvu nyinshi.
Hepatite iterwa n’iki ?
Mbere yo kuvuga ikiyitera, reka tubanze tuvuge ko kugeza ubu hazwi ubwoko 5 bwa Hepatite, aribwo A, B, C, D na E. Ubusanzwe hepatite iterwa na virus, gusa hari n’ibindi bishobora kuyitera harimo kunywa inzoga nyinshi, imiti imwe n’imwe, n’indwara zangiza abasirikare b’ umubiri nka SIDA.
Iyi ndwara yandura ite ?
Ubusanzwe, Hepatite A na E zandurira mu kurya cg kunywa ibiribwa n’ibinyobwa byanduye.
Hepatite B, C na D zo zandurira mu matembabuzi y’umubiri, nko mu mibonano mpuzabitsina, mu bikoresho byanduye, by’ umwihariko Hepatite B umubyeyi utwite ayanduza umwana, ikanaba mvukanwa
Ibimenyetso byayo
Iyi ndwara hari abayigira ntigaragaze ibimenyetso, gusa irangwa n’ibi :
- *. Kudashaka kurya
- *. Umunaniro udasanzwe
- *. Kugira umuriro udakabije
- *. Kuribwa mu ngingo n’imikaya
- *. Isesemi no kuruka
- *. Kuribwa mu nda.
- Kuri bamwe hiyongeraho :
- *. Inkari zijimye
- *. Kwituma ibyeruruka
- *. Guhinduka umuhondo mu maso n’uruhu
- *. Kumva utonekara
- *. Ikizungera, guta ubwenge no kugwa muri koma
- *. Kuvira imbere.
Ese iravurwa igakira ?
- Nk’izindi ndwara zose ziterwa na virusi, Hepatite yatewe na virusi ntivurwa ngo ikire.
- Gusa hari imiti itangwa igabanya ubukana bwayo. Ivuwe kare irakira gusa si imiti iyivura ahubwo iba yongereye abasirikare ingufu bagahangana nayo kugeza virus ishize
- Hepatite A, B na E zigira inkingo zitangwa, gusa urwa Hepatite E ntirukoreshwa cyane bitewe nuko yo itandura cyane.
- Kuko utarwara Hepatite D utararwaye B, urukingo rwa Hepatite B runakingira Hepatite D. Kugeza ubu nta rukingo rwa Hepatite C ruraboneka gusa ubushakashatsi burakomeje.
Zirikana ibi :
Hepatite B iri kwiyongera cyane muri iyi minsi, kandi urukingo rwayo ruraboneka mu bitaro bikuru n’andi mavuriro atandukanye. Wizuyaza rero mu kwikingiza uzaba wirengeye urengeye n’abawe.
Byatanzwe na Phn, Biramahire Francois