Dore ibintu umubyeyi utwite agomba kwirinda
Yanditswe: 21-01-2016
Umugore utwite,hari ibintu byinshi aba agomba kwirinda kuko bishobora kubangamira ubuzima bwe n’ubw’umwana atwite,akaba ariyo mpamvu hari ibyo yirinda nubwo yaba yari asanzwe abikora.
- Umubyeyi utwite abujijwe kunywa inzoga cyane cyane u gihembwe cya mbere n’icya kabirikuko inzoga zibangamira imikurire y’umwana uri mu nda.
- Iyo umugore atwite kandi ntagomba gukora imirimo y’ingufu cyangwa imyitoo ngorangingo ivunanye imusaba imbaraga kuko bibangamira gutera k’umutima cyangwa akaba yabura umwuka uhagije,ndetse bikaba byatuma umwana avuka ananiwe cyane.
- guhagarara umwanya munini ku mubyeyi utwite nabyo si byiza bituma umubyeyi ananirwa n’umwana uri munda ndetse binabyimbya ibirenge by’umubyeyi.
- kugira umunaniro ukabije nabyo bigira ingaruka mbi ku mwana uri munda n’umubyeyi,ndetse binabangamira imikurire y’ubwonko bw’umwana.
- kunywa itabi no gukoresha ibindi biyobyabwenge bikomeye bibangamira umwana uri munda bigatuma atabona umwuka uhagije aba akeneye.
- Koga amazi ashyushye no gukora sauna birabujijwe ki mubyeyi utwite cyane cyane mu gihembwe cya mbere cyo gutwita .
Ibi nibyo bintu bikomeye umubyeyi aba agomba kwirinda mu gihe atwite kugeza abyaye kugira ngo ubuzima bwe n’ubw’umwana atwite burusheho kumererwa neza.
Source ;elcrema
NZIZA Paccy
Ibitekerezo byanyu
27 janvier 2016, 02:03, yanditswe na teogene
gewe nabyimbye amaguru bikomiye