-
Gaju na Teta bavumbuye impano yo kuririmba mu gihe cya Covid-19
Ammanda umunyeshuri muri Lyce de Nyundo hamwe na murumuna we Teta Amelie wiga mu mwaka wa kane w’amashuri abanza, bavumbuye impano bafite mu biruhuko byatewe na COVID-19. Aba bana b’abakobwa bavuga ko ubwo abandi ibiruhuko byabarambiye bakifuza gusubira ku ishuri, bo ikiruhuko cya COVID-19 ngo nticyabapfiriye ubusa. Gaju Ammanda w’imyaka 13 avuga ko byatumye ashobora kuvumbura impano yifitemo yo kwandika indirimbo no kuririmba afatanyije na murumuna we Teta Amelie, aho bishimira indirimbo (...)
-
Female small business owners affected by COVID-19 appeal for support
Antoinette Mukamusoni’s business was flourishing and expectations were so high until she heard that the market she was operating in was to be closed to mitigate the spread of COVID-19. She is one of hundreds of women who operated at one of the busiest markets located in Nyabugogo suburb in the area better known as Kwa Mutangana. The market was closed three weeks ago leaving with no option but to become a street vendor which is a risky business as it is illegal to sell products on the street. (...)
-
Covid-19: Igihombo Ku bagore bacururizaga mu isoko rya Gahanga.
Kugabanya amasaha yo gukora n’ay’ingendo muri rusange bitewe no kwirinda Covid-19 byagabanyije umuvuduko w’ubucuruzi muri rusange kuburyo bamwe mu bacuruzi bo mu mugi wa Kigali bataka igihombo, bakaba bavuga ko kuba abakiliya baragabanutse byatumye nabo batagicuruza uko bikwiye. Madame Christine twamusanze muri Centre ya Gahanga mu Karere ka Kicukiro atubwira byinshi kuri byerekeye imibereho y’abagore bacuruza n’uburyo bagezweho n’igihombo biturutse kuri gahunda ya guma mu rugo. Ati “Ubundi hano (...)
-
The impact of COVID-19 on women in the wedding industry
The wedding industry is composed of many small businesses owned by women. It is also one of the most lucrative industries in Rwanda. This may be simply because weddings are considered a social institution that permits people to creatively share their union. Before Covid-19, weddings were attended by families, friends, friends of friends, and everyone else the newlyweds may have come across. Prior to COVID-19, wedding ceremonies were attended an average of 500 people. Wedding (...)
-
Umwanditsi Chimamanda Adichie
Chimamanda Ngozi Adichie yavutse mu 1977, akomoka mu gihugu cya Nijeriya, ni umwana wa gatanu mu bana batandatu. Yize amashuri ye yisumbuye muri Nijeriya, kaminuza yayitangiye mu ishami ry’ubuvuzi ariko arahindura akomereza muri Amerika mu ishami ry’itumanaho na political science. Masters ye yayikoze mu bijyanye no kwandika. Amaze kwandika inyandiko nyinshi zirimo, inkuru ndende, inkuru ngufi ndetse n’ibitabo. Igitabo cye cya mbere yacyise Purple Hibiscus, kikaba cyarabonye ibihembo (...)
-
Uko gahunda ya ECD ifasha abana bazahajwe n’imirire mibi
Mu Rwanda kimwe no mubindi bihugu ku isi hagenda hagaragara ibibazo by’abana bagira indwara zituruka Ku mwanda ndetse n’imirire mibi, ibi ahanini biterwa n’ubumenyi bucye bw’ababyeyi mu gutegura amafunguro y’abana, undi mubare munini w’ababyeyi ukabiterwa no kubura ubushobozi buhagije bwo gutunga imiryango yabo, twavuga nko kubababonera ibyo kurya bihagije kandi bikungahaye Ku ntungamubiri umwana akenera kugira ngo akure neza ndetse n’ibikoresho by’isuku ikwiriye umuryango, ibi byose iyo bigeze (...)
-
Umwana w’imyaka 11 uzakirwa na Perezida Kagame ni muntu ki ?
Wendy Waeni ni umwana w’umukobwa wujuje vuba imyaka 11 akaba agiye kuzakirwa na Prezida wa Repubulika Paul Kagame mu bihe biri imbere nkuko yabimusezeranije ko azamutumira mu Rwanda abinyujije ku rubuga rwa Twitter. Uyu mwana w’umukobwa umaze kubaka izina afite byinshi byiza wamwigiraho nubwo ari umwana muto. Yatangiye gukora imyitozo ngororamubiri ku myaka 4 gusa Wendy ni umwana wavukiye mu gace kitwa Huruma muri Kenya akaba yaravukiye mu muryango woroheje.Wendy avuga ko icyamuteye (...)
-
Menya abagore 2 bari mu bahataniraga gusimbura Dlamini Zuma
Mu nama ya 27 y’umuryango w’ubumwe bwa Afrika iherutse kubera mu Rwanda, mu by’ingenzi byari biteganjwemo harimo amatora ya Perezida wa komosiyo y’ubumwe bwa Afrika wari kuzasimbura. Nkosazana Dlamini Zuma. Ariko abakandida bose baje kubura amajwi yasabwaga, amatora arasubikwa. Mu bakandida batatu bahataniraga uwo mwanya harimo abagore 2 tugiye kuvuga bimwe mu bintu by’ingenzi byaranze ubuzima bwabo. Abo bagore ni Dr Specioza Naigaga Wandira Kazibwe, wigeze kuba visi prezida wa Uganda (...)
-
Ibyo wamenya kuri Minisitiri w’intebe mushya w’Ubwongereza
Kuva tariki ya 13 Nyakanga, 2016 hemejwe ko Theresa May ariwe uhita usimbura David Cameron ku mwanya w’ubuminisitiri bw’intebe mu Bwongereza ndetse akaba ari nawe wahise uba umuyobozi wa Conservative Party. May yavutse tariki ya 1 Ukwakira, 1956 akaba yarakuriye mu Bwongereza mu gace kitwa Oxfordshire. Kuva mu 1997 May yabaye umudepide ndetse aza no kwinjira muri guverinoma agakoramo imirimo itandukanye kugeza aho abereye minisitiri w’Intebe. Naho mbere yaho kuva mu 1977 kugeza mu 1983, (...)
-
Umuperezida w’umugore Afrika isigaranye yageze mu Rwanda
Kuri uyu wa gatanu mu gitondo nibwo Ellen Johnson Sirleaf, Perezida umwe rukumbi w’umugore Afrika igira yageze mu Rwanda, aho yaje kwifatanya n’abandi ba perezida ba Afika mu nama ya 27 y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afrika. Ellen Johnson Sirleaf prezida wa Liberia akaba anafite igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel, niwe mugore wa mbere wabaye prezida ku mugabane w’Afrika nyuma yo gutsinda amatora yo muri 2005, agatangira akazi kuri 16 mutarama 2006 ndetse akongera no gutorwa muri 2011. Ellen yabaye (...)
-
Abagore 2 bahatanira kuba ministiri w’intebe w’Ubwongereza
Theresa May na Andrea Leadsom ni abagore babiri bari guhatanira kuzasimbura David Cameron bikaba bivuze ko uko amatora azagenda kose, ubwongereza bugiye kongera kuyoborwa na ministri w’intebe w’umugore kuko nta mukandida w’umugabo uhari. Kuri uyu wa kane tariki ya 7 Nyakanga nibwo aba bagore babiri aribo bemejwe ko aribo hazavamo umwe uzaba minisitiri w’intebe, mu gihe iki gihugu cyari cyikibazwaho byinshi ku gusohoka kwacyo mu muryango w’ubumwe bw’Iburayi. Theresa May yatowe n’abadepite 199 (...)
-
Girubuntu, yegukanye shampiyona mu magare
Muri shampiona y’igihugu y’umukino w’amagare yakinwe kuri iki cyumweru, Girubuntu Jeanne d’Arc niwe wegukanye umwanya wa mbere mu rugendo rwavaga Muhanga rwerekeza i Huye. Ryali isiganwa ryaranzwe no guhangana cyane ku makipe ya Benedicton Club y’i Rubavu na Les Amis Sportifs y’i Rwamagana, kuko nibo basaga n’abafitemo umubare w’abakobwa bahangana cyane, nk’uko bisanzwe bimeze kuri basaza babo. Ni isiganwa ryatangiriye mu karere ka Muhanga, saa tatu za mugitondo, berekeza I Huye, ku ntera ingana na (...)
-
Abazungukazi bafite abagabo b’abaperezida muri Afrika
Buriya koko ngo urukundo nta mupaka rugira, ushobora gukunda umwirabura kandi uri umuzungu, ugakunda uwo mudahuje ubwenegihugu kandi mukabana neza. Kuba urukundo rutagira umupaka rero, byatumye ubu muri Afrika hari abaperezida dusanga bafite abagore b’abazungukazi, gusa usanga ibyo ntacyo bitwaye kuko bitababuza guhagararira abagore b’abirabura nkuko baba babifite mu nshingano. 1. Dominique Folloroux-Ouattara, umugore wa Alassane Ouattara Dominique, umufasha w’umukuru w’igihugu cya Cote (...)
-
Abanyafrika 3 mu bagore 100 bakomeye ku isi muri 2016
Abagore batatu gusa bo ku mugabane wa Afurika nibo bari kuri rutonde rw’abagore 100 bakomeye ku isi ruherutse gukorwa na forbes magazine. Muri abo bagore batatu bo muri Afrika hakaba harimo abaprezida babiri n’umuherwekazi wo muri Afrika. Mu bagore 100 bakomeye ku isi muri 2016, abanyafrika barimo ni Folorunsho Alakija, umunyemari ukomoka muri Nigeria akaba ari ku mwanya wa 80 nubwo ari we mugore wa kabiri ukize muri Afurika nyuma ya Isabel dos Santos, umukobwa wa Perezida wa Angola (...)
-
Barber, Umusirikare wabaye nyampinga wa USA
Ikamba rya Nyampinga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika 2016 ryambitswe Deshauna Barber w’imyaka 26 y’amavuko akaba yari asanzwe ari umusirikare aho afite ipeti rya lieutenant. Ni ku nshuro ya mbere mu myaka 14 ishize umukobwa uhagarariye Washington yegukanye ikamba. Ni n’inshuro ya gatatu mu mateka umukobwa uturuka muri aka gace kahoze kitwa District of Colombia ahawe ikamba. Akaba abaye umwirabura wa munani wegukanye iri kamba, ubu akaba ariwe nyampinaga uzaserukira Amerika muri miss universe (...)
-
Ibyo gushyingirwa n’umunyamahanga mu mategeko
Birashoboka ko abanyamahanga baba mu Rwanda bahashyingirirwa cyangwa se umunyamahanga akaba yashyingiranwa n’umunyamahanga uba mu Rwanda ariko adafite ubwenegihugu. Ku mpande zombi hari icyo bisaba kugirango ugushyingirwa kwabo kwemerwe. Mu gihe ishyingirwa ribereye mu Rwanda, umwe mu bashyingirwa cyangwa bombi ari abanyamahanga, umwanditsi w’irangamimerere agomba, koherereza Minisitiri ufite ububanyi n’amahanga mu nshingano ze inyandiko y’ishyingira, nawe akayoherereza uhagarariye mu Rwanda (...)
-
Verjiniq Jomes, Nyampinga w’isi mu mideli wa 2016
Umunyamiderikazi wa mbere ku isi w’umwaka wa 2016 ”Miss World Next Top Model” yongeye kuba umukobwa wo mu gihugu cya Malta, Miss Verjiniq Jomes atwara iryo kamba abandi bakobwa 43 barihataniraga barimo na Miss Uganda Leah Kalanguka nawe watahanye ikamba Mu birori byabaye kuri tariki wa 31 Gicurasi 2016 mu muhango wabereye muri Grand Hills Hotel mu mujyi wa Broumana mu gihugu cya Lebano nibwo uyu munyamalta yegukanye iri kamba . Igihugu cya Malta cyagumanye iryo kamba dore ko ryari rifitwe na (...)
-
Fatma, umunyamabanga mukuru wa FIFA mushya
Fatma Samba Diouf Samoura ukomoka muri Senegal ukomoka muri Senegal niwe mugore wa mbere wagizwe umunyamabanga mukuru w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi FiFA akaba ari nawo mwanya wa kabiri ukomeye mu buyobozi bwa FIFA. Usibye kuba Fatma ariwe mugore wa mbere ugiye kuri uwo mwanya ni nawe muntu wa mbere ugiye kuri uyu mwanya adakomoka ku mugabane w’Iburayi bivuzeko ari nawe munyafika wa mbere ugiye kuri uyu mwanya. Uyu mugore wavutse mu 1962 afite inararibonye mu miyoborere aho yari (...)
-
Christelle, akora business yo gucukura amazi no kuyayungurura
Kwizera Christelle ni umukobwa ukiri muto uyobora ikompanyi yitwa Water Access Rwanda (WARwanda ), ikaba ari kompanyi ikora ibijyanye no gucukura amazi mu butaka ndetse no kuyungurura amazi mabi akavamo amazi meza yo kunywa bakoresheje udusukuramazi (waterfilter). Mu kiganiro Agasaro.com yagiranye n’umuyobozi wa WARwanda, Kwizera Christelle yatubwiye byinshi kuri WARwanda ndetse no kuri we nk’umuyobozi mukuru wayo. Kwizera asobanura ibyo bakora agira ati : “Water Access Rwanda ikora (...)
-
Elsie Kanza, umuyobozi wa WEF muri Afrika
Mu gihe u Rwanda rwakiriye inama Inama ya World Economic Forum on Africa (WEF) kuri uyu wa gatatu, hari byinshi wamenya ku muyobozi uhagarariye Afrika mu buyobozi bwa World Economic Forum ku isi, akaba ari numwe mu baje gutegura iyi nama mu Rwanda mbere yuko itangira. Elsie Kanza yavukiye muri Kenya ku babyeyi b’abanya Tanzaniya. Yize muri Kenya nyuma aza gukomereza amasomo ye muri Leta zunze ubumwe za Amerika. Yakoze imirimo myinshi itandukanye kuri ubu akaba ariwe muyobozi wa World (...)