Gusaba gatanya biturutse ku bwumvikanye bw’abashakanye
Gutana guturutse ku bwumvikane ni ugusabwa n’abashyingiranywe bombi bamaze kumvikana ku gusesa ishyingirwa no ku nkurikizi zaryo kandi bagashyikiriza umucamanza amasezerano akemura ingaruka z’ubutane ku bashakanye n’umutungo wabo kimwe n’abana babo.
Icyakora ubutane bwasabwe n’umwe mu bashyingiranywe bushobora guhinduka ubutane bwumvikanyweho mu gihe uregwa yemera ko ikirego gifite ishingiro akemera ubutane.
Ibarura ry’umutungo w’abashyingiranywe mbere yo gutandukana ku bwumvikane
Abashyingiranywe biyemeje gusaba gutana kuko babyumvikanyeho bagomba mbere na mbere kubara umutungo wabo mu nyandiko, uwimukanwa n’utimukanwa, kumenya agaciro kawo, kugena ibyo buri muntu yakwegukana hakurikijwe amasezerano agenga uburyo bw‘icungamutungo bahisemo
Ubwumvikane bw’abashyingaranywe ku ngingo za ngombwa mbere yo gutandukana
Abashyingiranywe bagomba nanone kugaragaza mu nyandikomvaho ibyo bemeranyije kuri izi ngingo zikurikira :
1° uwo abana babyaranye cyangwa abo bagize ababo batarababyaye bazahereraho, ari mu gihe cy’urubanza rw’ubutane, ari na nyuma y’icibwa ry’urubanza rwo gutana ;
2° uruhare rwa buri wese mu bashyingiranywe kubyerekeye kwita ku bana no kubarera ;
3° inzu buri wese mu bashyingiranywe azabamo mu gihe cy’urubanza rwo gutana ;
4° ibitunga umuntu umwe yaha undi mu gihe cy’urubanza rwo gutana kugirango yirwaneho mu gihe adafite ibintu bimuhagije hatitawe ku icungamutungo bahisemo.
Igihe gutana biturutse ku bwumvikane bishobora gukorwa n’uburyo ikirego cy’ubutane gitangwa
Gutana biturutse ku bwumvikane byemerwa gusa nyuma y’imyaka ibiri (2) abashyingiranywe babana. Ikirego cy’ubutane gitangwa mu buryo busanzwe bw’itangwa ry’ibirego mbonezamubano.
Kwitaba kw’abashyingiranywe ku giti cyabo
Abashyingiranywe bashaka ubutane ku bwumvikane bajyana bombi ku mucamanza w’aho baba bakamubwira icyifuzo cyabo cyo gutana
Urubanza rw’ubutane ku bwumvikane
Iyo urukiko rumaze kubona ko abashakanye bafite ubushake bwo gutana kandi ko ubwumvikane bwabo bwabaye nta gahato, n’inyungu z’abana zikaba zitaweho mu buryo buhagije rutegeka ubutane. Iyo ibisabwa bituzuye ntiyemera ubutane.
Kujuririra urubanza rwanga ubutane bushingiye ku bwumvikane
Ubujurire bw’urubanza rwanga ubutane bukorwa mu buryo busanzwe bwo kujuririra imanza. Icyakora ubwo bujurire bwakirwa iyo bukozwe n’abashyingiranywe bombi.
Iyandukura ry’urubanza rwemeza ubutane bushingiye ku bwumvikane
Igihe ubutane bwemejwe n’urubanza rutagishoboye gusubirwamo, imikirize yarwo imenyeshwa, mu mezi abiri (2), n’abashakanye cyangwa se na buri wese ubifitemo inyungu, umwanditsi w’irangamimerere w’aho ishyingirwa ryabereye n’uw’aho abashyingiranywe batuye. Inyandiko ikandikwa mu mpande y’inyandiko y’ishyingirwa n’iy’ivuka ry’abashyingiranywe.
Byakuwe mu mushinga w’itegeko rigenga abantu n’umuryango
ku bindi bisobanuro kanda aha http://www.parliament.gov.rw/uploads/tx_publications/DRAFT__LAW_GOVERNING_PERSONS_AND__FAMILY.pdf
Ibitekerezo byanyu
26 juillet 2016, 09:49, yanditswe na kalimba
Shyiraho ingingo z’amategeko.Inkuru itagira reference iba idasobanutse cyane cyane mu mategeko.
27 juillet 2016, 02:40, yanditswe na Uwadata
Murakoze. Byakuwe mu mushinga w’itegeko rigenga abantu n’umuryango. Ku bundi busobanuro wasoma aha. http://www.parliament.gov.rw/uploads/tx_publications/DRAFT__LAW_GOVERNING_PERSONS_AND__FAMILY.pdf