Amakanzu ataratse yo kwambaraho agakoti ugiye ku kazi
Tumaze iminsi tubagezaho imyenda myiza itandukanye yo kujyana ku kazi ndetse tukabarangira n’aho mwayisanga,niyo mpamvu uyu munsi twahisemo amakanzu magufi ataratse kandi aciye amaboko ushobora kwambara ugiye ku kazi,ugashyiraho agakoti,maze ukaba uberewe cyane.
Dore amwe muri ayo makanzu
Hari ikanzu ngufi idafite amaboko kandi itaratse buhoro,ikaba idoze mu gitambaro kibonerana ariko idubuye kandi mu ijosi hayo hakoze umuzenguruko.
Indi ni ikanzu nayo idafite amaboko ikoze nk’isengeri,ikaba ifite mu ijosi hakoze nka v kandi hasi hayo hasumbana,ku buryo imbere hayo hazamuye.
Hari kandi ikanzu nayo ngufi igera mu mavi,idafite amaboko kandi itaratse nayo mu ijosi hayo hakoze nka v kandi igitambaro cyayo ari cotton nziza.
Nanone kandi indi kanzu nziza ni cotton itaratse kandi ari ngufi ariko bidakabije,imwe iba igera munsi y’imfundiko kandi nayo nta maboko ifite.
Aya makanzu ateye atya wakwambaraho agakoti ugiye ku kazi aboneka mu mabara yose kandi ukaba wayabona mu buryo bworoshye uhamagaye 0784693000/0788620915 cyangwa ukatwandikira kuri email;nzizapassy@gmail.com.
NZIZA Paccy
Forum posts
27 April 2016, 01:12, by bebe
kuri ayo makanzu jya ushyiraho ibiciro byayo kugirango binadukurure naho ubundi gushyuraho coordonnee zawe gusa ntibihagije ,umuntu yaguhamagara abonye niba yagura agereranyije n’uko igiciro gihagaze.Ayo makanzu ni meza
27 April 2016, 14:54, by WW
NIBY RATA BB IBICIRO BIRAKENEWE
28 April 2016, 09:21, by alias
ugiye ushyiraho ibiciro byadufasha
13 May 2016, 10:50, by Uwase Ange
Mujye mutubwira naho umuntu yagurira imyenda ysjyaho karuvate y’abakobwa
13 May 2016, 10:53, by Uwase Ange
Ashyizeho ibiciro ntiyabona uko yigisha abakiriya ,ahubwo wowe ubonye ari byiza wajyayo mukumvikana.
muri marketing ntago bashiraho ibiciro mwumvikana uhageze